INKURU ZIDASANZWE

M23 yafunze umuhanda uhuza Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru

Amakuru aremeza ko umutwe wa M23 ugenzura umuhanda uhuza Intara za Kivu zombi nyuma yo kwigarurira i Shasha akaba ari nabwo bwa mbere aba barwanyi bageze ku kiyaga cya Kivu.

Kuva ku wa Gatandatu, umutwe wa M23 uragenzura uduce twa Kirotshe, Shasha, Kihindo, Kituva, Bukobati na Nyamubingwa.

Ni mu gihe abaturage b’i Sake batangiye gukuramo akabo karenge bagerageza guhungira mu Mujyi wa Goma.

Bamwe mu bashyigikiye M23 bashyize ku rubuga rwa X videwo, igaragaramo abarwanyi ba M23 bari Shasha, ndetse abaturage bumvikana bavuga ko “bakijijwe ingabo za Leta zisahura imitungo yabo.”

M23 yafunze umuhanda uhuza Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru

Abaturage bo muri biriya bice baremeza ko bidashoboka kuva Minova ngo ugere Sake cyangwa Goma.

Abo baturage bavuga ko kugeza ubu nta muhanda numwe Goma isigaje wo kuyigemurira kuko yose yafunzwe n’abarwanyi ba M23.

Umwe mu Banyamakuru bakorera mu Burasirazuba bwa Congo yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko M23 ari yo igenzura umuhanda uhuza Kivu Zombi.

Ati ”Abahunga benshi barikuva Shasha, Kituva na Bweramana muri Minova, Ingabo za Leta, SADC n’Abarundi batsinzwe.”

Corneille Nanga uhagarariye ihuriro Alliance Fleuve Congo, yagaragaye yemeza ko M23 yamaze gufata Shasha anasaba abanye-Congo gushyigikira izi nyeshyamba bagakuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi.

M23 kandi ishinja ingabo za Leta, iza SADC, iz’u Burundi, FDLR n’imitwe y’inyeshyamba ikorana na Leta kurashisha imbunda nini, indege z’intambara, na drones mu duce dutuwe cyane n’abasivili.

Inyeshyamba zivuga ko aho zafashe nta guhagarika urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu, zigasaba abaturage bahunze gutahuka.

Ingabo za Congo ntacyo ziratangaza ku ifungwa ry’umuhanda Sake-Minova n’ifatwa rya Shasha ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago