INKURU ZIDASANZWE

M23 yafunze umuhanda uhuza Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru

Amakuru aremeza ko umutwe wa M23 ugenzura umuhanda uhuza Intara za Kivu zombi nyuma yo kwigarurira i Shasha akaba ari nabwo bwa mbere aba barwanyi bageze ku kiyaga cya Kivu.

Advertisements

Kuva ku wa Gatandatu, umutwe wa M23 uragenzura uduce twa Kirotshe, Shasha, Kihindo, Kituva, Bukobati na Nyamubingwa.

Ni mu gihe abaturage b’i Sake batangiye gukuramo akabo karenge bagerageza guhungira mu Mujyi wa Goma.

Bamwe mu bashyigikiye M23 bashyize ku rubuga rwa X videwo, igaragaramo abarwanyi ba M23 bari Shasha, ndetse abaturage bumvikana bavuga ko “bakijijwe ingabo za Leta zisahura imitungo yabo.”

M23 yafunze umuhanda uhuza Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru

Abaturage bo muri biriya bice baremeza ko bidashoboka kuva Minova ngo ugere Sake cyangwa Goma.

Abo baturage bavuga ko kugeza ubu nta muhanda numwe Goma isigaje wo kuyigemurira kuko yose yafunzwe n’abarwanyi ba M23.

Umwe mu Banyamakuru bakorera mu Burasirazuba bwa Congo yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko M23 ari yo igenzura umuhanda uhuza Kivu Zombi.

Ati ”Abahunga benshi barikuva Shasha, Kituva na Bweramana muri Minova, Ingabo za Leta, SADC n’Abarundi batsinzwe.”

Corneille Nanga uhagarariye ihuriro Alliance Fleuve Congo, yagaragaye yemeza ko M23 yamaze gufata Shasha anasaba abanye-Congo gushyigikira izi nyeshyamba bagakuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi.

M23 kandi ishinja ingabo za Leta, iza SADC, iz’u Burundi, FDLR n’imitwe y’inyeshyamba ikorana na Leta kurashisha imbunda nini, indege z’intambara, na drones mu duce dutuwe cyane n’abasivili.

Inyeshyamba zivuga ko aho zafashe nta guhagarika urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu, zigasaba abaturage bahunze gutahuka.

Ingabo za Congo ntacyo ziratangaza ku ifungwa ry’umuhanda Sake-Minova n’ifatwa rya Shasha ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago