POLITIKE

Gen Muhoozi Kainerugaba ashobora kongera gusura u Rwanda

Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba ashobora  kongera gusura u Rwanda nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa X.

Ku rubuga rwa X  rukoreshwa n’ abamushyigikiye rwitwa  Muhoozi Kainerugaba Quotes, batangaje ko agiye kugaruka mu rugo rwe rwa kabiri.

Ati “Inkotanyi cyane! Tugiye kugaruka mu rugo rwacu rwa kabiri… u Rwanda rwiza.”

Ntabwo batangaje nyirizina  impamvu yo kuza mu Rwanda n’igihe azazira.

Muri Mata 2023 nabwo yaje mu Rwanda ubwo yiteguraga kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 49.

Icyo gihe aza I Kigali yari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bo muri Uganda barimo Norbert Mao, Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi muri Uganda,  McDans Kamugira ukora mu Biro bya Perezida muri Uganda nk’umujyanama, Maj Gen (Rtd) Jim K Muhwezi, Mme Lillian Aber na Andrew Mwenda umwe mu nshuti z’u Rwanda, akaba n’umuntu wa hafi wa Gen Muhoozi.

Gen Muhoozi ari mu batumye umubano w’u Rwanda na Uganda wongera kuba ntamacyemwa, nyuma yaho mu 2018 hari ukwishishanya gukomeye  hagati y’ibihugu byombi.

Emmy

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

8 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

11 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

1 day ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago