Minisitiri w’Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu zananiwe kunyeganyeza umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanira mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Mu nama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 2 Gashyantare 2024, Bemba yamenyesheje bagenzi be ko FARDC yakomeje ibikorwa bigamije gukura M23 muri iyi ntara.
Gusa ngo ibi bikorwa byakomwe mu nkokora n’uko uyu mutwe witwaje intwaro wakomeje kongera imbaraga z’abarwanyi ndetse n’ibikoresho.
Nk’uko radiyo na televiziyo bya RDC, RTNC, byabitangaje kuri uyu wa 4 Gashyantare, yagize ati “M23 yihagazeho imbere y’imbaraga z’igisirikare cyacu zo kugarura amahoro, umutekano n’ubuyobozi bwa Leta.”
Mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yafashe agace ka Shasha kegereye ikiyaga cya Kivu; ibyatumye umuhanda uhuza Goma, Sake na Minova (muri Kivu y’Amajyepfo) ufungwa.
Ubuyobozi bwa M23 busobanura ko abarwanyi bayo bari gufata ibindi bice mu rwego rwo kurinda umutekano w’abaturage no gukumira ibitero FARDC n’abayifasha bari kugaba ku birindiro byayo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…