RWANDA

AMAFOTO: Incuke zirimo umwuzukuru wa Perezida Kagame, zaganirije umugore wa Perezida wa Pologne

Kuri uyu wa gatatu tariki 7 Gashyantare 2024, Madamu Jeannette Kagame arikumwe na Agata Kornhauser-Duda umufasha w’umukuru w’igihugu cya Pologne basuye incuke zirererwa muri Village.

Advertisements

Muri izi ncuke harimo umwuzukuru wa kabiri wa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, Amalia Agwize Ndengeyingoma.

Umwuzukuru wa Perezida, Amalia yaganirije umugore wa Perezida wa Pologne Agata Kornhauser-Duda

Uru rugo mbonezamikurire ry’abana b’abakozi bakorera mu biro by’Umukuru w’igihugu kandi ryaciyemo umwuzukuru we wa mbere Anaya Abe Ndengeyingoma.

Nk’uko amakuru yatangajwe ku rubuga rwa X rw’ibiro by’Umufasha w’umukuru w’igihugu, bavuze ko binyuze muri iki kigo kirera aba bana cyitwa Eza bagize amahirwe yo kwakira abashyitsi kuri uyu munsi, aho izi ncuke zabashije kuganira n’umushyitsi mukuru w’imena ariwe Agata Kornhauser-Duda ndetse zibasha no gusabana nawe.

Bakomeje bavuga ko Madamu Jeannette Kagame yabashije kwakira mugenzi we wa Pologne Agata Kornhauser-Duda abasha kumwerekera no kumusobanurira ibice bigize iki kigo kirera abo bana bato.

Iki kigo giherereye ku Kacyiru ku biro by’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Nyuma yo gusura icyo kigo, Madamu Jeannette Kagame yakiriye mugenzi we wa Pologne Agata Kornhauser-Duda mu biro bya Imbuto Foundation, kugira ngo baganire kubyerekeye uyu muryango, birimo ubuzima, uburezi ndetse n’uko hakomeza gutezwa imbere urubyiruko.

Uyu muryango witwa ku rubyiruko cyane washinzwe na Madamu Jeannette Kagame.

Ni ibiganiro bivugwa ko byagize umusaruro mwiza.

Agata yaganirijwe ku muryango wa Imbuto Foundation washinzwe na Madamu Jeannette Kagame

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago