INKURU ZIDASANZWE

Umuvugizi wa RDC yashimangiye ko icyifuzo cya Tshisekedi cyo gutera u Rwanda kidashoboka

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko icyifuzo cya Perezida wabo, Félix Tshisekedi Tshilombo, cyo gushoza intambara ku Rwanda kitashoboka.

Advertisements

Muyaya abajijwe n’abanyamakuru impamvu Tshisekedi atasabye inteko uruhushya rwo gushoza intambara ku Rwanda nyuma y’aho iki gisasu kiguye muri Mugunga, amusubiza ko mu nzego za RDC hari gukorwa amavugurura atatuma icyifuzo cy’uyu Mukuru w’Igihugu gishyirwa mu bikorwa.

Muyaya we abona ko bidashoboka ko Perezida Tshisekedi yashoza intambara ku Rwanda

Muyaya yagize ati “Turi mu bikorwa [bya gisirikare] ariko hari ibigenderwaho. Ntabwo intambara yatangazwa. Murabizi ko turi mu cyiciro cyo gushyiraho inzego nshya. Perezida wa Repubulika yarabyifuje ariko hashingiwe ku Itegeko Nshinga ntabwo twabikora. Icy’ingenzi cyane, ibyo ntabwo byaba muri iki gihe.”

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC yatangaje ko ingabo z’igihugu cyabo ziri kurasa ku birindiro bya M23, zifashishije intwaro zigezweho.

Ati “Twavuga ko buri kimwe kiri gukorwa kandi turi guhiga umwanzi aho ari hose kugira ngo tugarure umutekano mu gihugu cyacu.”

Muyaya yari yatangaje ko ingabo za RDC zafashe Kirotshe ariko Umuvugizi wa M23,Willy Ngoma,abwira BBC ko nta na santimetero n’imwe mu zo bagenzura FARDC yisubije.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago