Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho lisansi yavuye ku mafaranga 1639 Frw kuri litiro igera ku 1637 Frw (bivuze ko lisansi yagabanutseho amafaranga 2 kuri litiro imwe) naho mazutu litiro iva ku 1635 Frw ishyirwa ku 1632 Frw (yagabanutseho amafaranga 3 kuri litiro imwe).
Ibi biciro bishya byasohotse mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024.
RURA yatangaje ko ibi biciro bizakurikizwa mu mezi abiri ari imbere, guhera kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024.
RURA ivuga ko ibi biciro bigendanye ahanini ku ihindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli biri kugaragara ku isoko mpuzamahanga.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…