INKURU ZIDASANZWE

Madamu Jeannette Kagame yagiye guhumuriza Abanya-Namibia

Kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, Madamu Jeannette Kagame yageze muri Namibia aho yagiye guhumuriza uwahoze ari Madamu wa Perezida Monica Geingob n’umuryango we nyuma y’urupfu rwa Perezida Hage Geingob.

Iki gihugu kiri mu gahinda nyuma y’uko uwari Perezida wacyo Dr. Hage Geingob yitabye Imana kuwa 4 Gashyantare 2024 azize uburwayi.

Ni inkuru y’akababaro yamenyekanye itangajwe na Visi Perezida wa Namibia Nangolo Mbumba wavuze ko yapfuye akaba yaraguye mu bitaro bya Lady Pohamba, aho yaramaze iminsi yitabwaho n’abaganga.

Madamu w’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Jeannette Kagame yahawe umwanya wo kwandika mu gitabo cyagenewe ngutangwamo ubutumwa bugufi bujyane no guhumuriza, kwifatanya mu kababaro iki gihugu kirimo ndetse no guha icyubahiro Dr Hage Geingob mu rugo rwe i Windhoek muri Casa Rosalia. Nyuma yaho ahita ahura na Monica Geingob wahoze ari umugore wa nyakwigendera.

Madamu Jeannette Kagame yagiye gufata mu mugongo mugenzi we wa Namibia

Uretse Madamu Jeannette Kagame wagiye kwifatanya muri ako kababaro ndetse no kwitabira umuhango wo kuzashyingura mu cyubahiro uwahoze ari Perezida wa Namibia, hari kandi n’abandi bayobozi bakuru barimo Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa hakaba hategerejwe n’abandi bazajya kwifatanya nabo mu muhango uteganyijwe kuba kuri iki Cyumweru.

Geingob yagiye ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2015 aho ubu yayoboraga manda ya kabiri nka Perezida watowe.

Uyu mutegetsi yanabaye Minisitiri w’Intebe kuva mu 1990 kugeza mu 20002 ku ngoma ya Perezida Sam Nujoma.

Mu bihe bitandukanye uburwayi ntibwamworoheye aho ku wa 8 Mutarama 2024, yatangaje ko abaganga basanze arwaye kanseri.

Perezida wa Namibia Dr Hage Geingob yitabye Imana ku myaka 82 azize indwara

Christian

Recent Posts

Haruna Niyonzima yatandukanye n’ikipe ya Rayon Sports ayikiniye umukino umwe gusa

Haruna Niyonzima yamaze gutandukana n'ikipe ya Rayon Sports nyuma y'iminsi 52 gusa biturutse ku bwumvikane…

11 hours ago

Amavubi yatsinze Police Fc mu mukino wa gicuti – AMAFOTO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Nzeri 2024, ku kibuga cy'inyuma ya Stade Amahoro habereye…

14 hours ago

Umunyezamu yapfuye nyuma yo kugongana mu kibuga n’uwo bakinaga

Umunyezamu w'ikipe ya Hwange Lusumbami FC, Johnson Shumba, yitabye Imana mu buryo bubabaje aguye mu…

16 hours ago

Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ ukinira APR Fc yasezerewe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’

Dushimimana Olivier usanzwe ubarizwa mu ikipe ya APR Fc wari mu mwiherero w'ikipe y'igihugu 'Amavubi'…

17 hours ago

Kenya: Abanyeshuri 17 bishwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cy’amashuri

Nk'uko byemejwe na Polisi y'Igihugu, yavuze ko abantu bagera kuri 17 aribo bapfuye nyuma y'inkongi…

2 days ago

Rayon Sports yasubiye ku ivuko kwizihiza imyaka 125 y’Umujyi wa Nyanza

Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 125 Akarere ka Nyanza kamaze ari umurwa mukuru w’u Rwanda…

2 days ago