MU MAHANGA

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Qatar

Kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, Perezida w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Qatar.

Advertisements

Ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Hamad i Doha, yakiriwe n’Umuyobozi ushinzwe protocole muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ibrahim bin Yousif Fakhro.

Abandi bayobozi bamwakiriye harimo Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Misfer bin Faisal Al Shahwani ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Qatar, Igor Marara Kainamura.

Perezida Kagame agiriye uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu mu rwego rwo gukomeza gushimangira umubano usanzwe w’ibihugu byombi.

Icyo wamenya kuri Qatar ni igihugu gikungahaye kuri peteroli ndetse no kugira umwimemere wa gaz nyinshi.

Muri uru ruzinduko biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame azaguhura n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, aho ibiganiro byabo n’ubundi bizakwibanda ku mubano w’ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago