Kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, Perezida w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Qatar.
Ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Hamad i Doha, yakiriwe n’Umuyobozi ushinzwe protocole muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ibrahim bin Yousif Fakhro.
Abandi bayobozi bamwakiriye harimo Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Misfer bin Faisal Al Shahwani ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Qatar, Igor Marara Kainamura.
Perezida Kagame agiriye uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu mu rwego rwo gukomeza gushimangira umubano usanzwe w’ibihugu byombi.
Icyo wamenya kuri Qatar ni igihugu gikungahaye kuri peteroli ndetse no kugira umwimemere wa gaz nyinshi.
Muri uru ruzinduko biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame azaguhura n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, aho ibiganiro byabo n’ubundi bizakwibanda ku mubano w’ibihugu byombi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…