RWANDA

Abatega bisi bagiye kujya bishyura amafaranga bitewe naho imodoka ibagejeje

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe cya vuba abatega imodoka rusange bazajya bishyura amafaranga bitewe n’aho imodoka ibagejeje, aho kuba aho imodoka yerekeza.

Ibi biri mu rwego rwo korohereza abaturage kutaremererwa n’igiciro cy’ingendo mu gihe izaba yahagaritse nkunganire yatangiraga umugenzi.

Guverinoma yatangaje kuva mu 2020, imaze gutanga miliyari 87,5Frw nka nkunganire ihabwa abaturage ku kiguzi cy’urugendo.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore mu kiganiro yahaye televiziyo y’Igihugu yavuze ko nko mu Ukuboza 2023, leta yatanze miliyari 6Frw nka nkunganire ku bakora ingendo mu modoka rusange.

Umuntu ukoraga urugendo rwa Kigali-Musanze, niba yishyuye 2000Frw, leta ihita imwishyurira 1000Frw.

Minisitiri Dr Jimmy Gasore aha niho avuga ko aribwo barebye bagasanga aho kugira ngo umuturage agire uwo mutwaro, bakwiriye kuwumurinda.

Ati “Nk’umuturage wategaga ava nyabugogo ajya i Remera cyangwa agiye Kanombe, yishyurire rimwe urugendo rwose ugiye ku kinamba yishyure agarukira ku kinamba, ugiye Kacyiru yishyure yahagiye Kacyiru gutyo gutyo kugira ngo wenda uvuye nyabugogo ugiye Kacyiru ntiwishyure nkugiye Kanombe kuko wateze bisi ya Kanombe.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko iyo arimwe muri gahunda Guverinoma yafashe mu rwego rwo gukuraho uwo mutwaro ku banyarwanda, akomeza avuga ko iyo gahunda isabwa ko ikoranabuhanga rinozwa kugira ngo umuntu ajye yishyura bitewe naho ashaka kugarukira.

Ni gahunda avuga ko itagiye kumara igihe ngo itangire ishyirwe mu bikorwa bikaba bishobora kuzafata gusa nk’ibyumweru bibiri biri mbere.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago