Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe cya vuba abatega imodoka rusange bazajya bishyura amafaranga bitewe n’aho imodoka ibagejeje, aho kuba aho imodoka yerekeza.
Ibi biri mu rwego rwo korohereza abaturage kutaremererwa n’igiciro cy’ingendo mu gihe izaba yahagaritse nkunganire yatangiraga umugenzi.
Guverinoma yatangaje kuva mu 2020, imaze gutanga miliyari 87,5Frw nka nkunganire ihabwa abaturage ku kiguzi cy’urugendo.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore mu kiganiro yahaye televiziyo y’Igihugu yavuze ko nko mu Ukuboza 2023, leta yatanze miliyari 6Frw nka nkunganire ku bakora ingendo mu modoka rusange.
Umuntu ukoraga urugendo rwa Kigali-Musanze, niba yishyuye 2000Frw, leta ihita imwishyurira 1000Frw.
Minisitiri Dr Jimmy Gasore aha niho avuga ko aribwo barebye bagasanga aho kugira ngo umuturage agire uwo mutwaro, bakwiriye kuwumurinda.
Ati “Nk’umuturage wategaga ava nyabugogo ajya i Remera cyangwa agiye Kanombe, yishyurire rimwe urugendo rwose ugiye ku kinamba yishyure agarukira ku kinamba, ugiye Kacyiru yishyure yahagiye Kacyiru gutyo gutyo kugira ngo wenda uvuye nyabugogo ugiye Kacyiru ntiwishyure nkugiye Kanombe kuko wateze bisi ya Kanombe.”
Dr Jimmy Gasore avuga ko iyo arimwe muri gahunda Guverinoma yafashe mu rwego rwo gukuraho uwo mutwaro ku banyarwanda, akomeza avuga ko iyo gahunda isabwa ko ikoranabuhanga rinozwa kugira ngo umuntu ajye yishyura bitewe naho ashaka kugarukira.
Ni gahunda avuga ko itagiye kumara igihe ngo itangire ishyirwe mu bikorwa bikaba bishobora kuzafata gusa nk’ibyumweru bibiri biri mbere.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…