IMYIDAGADURO

MTN n’abandi bahanzi 4 bongerewe mu bazaherekeza Tour du Rwanda

Tour du Rwanda iteganyijwe gutangira mu mpera z’icyumweru kiri mbere ikomeje kuba uburyohe ari nako yongerwamo abahanzi bazayiherekeza.

Advertisements

Mu bitaramo byateguwe na KIKAC Music mu buryo bwo guherekeza irushanwa ryo gusiganwa ku igare (Tour du Rwanda) iteganyijwe gutangira tariki 18 kugeza 25 Gashyantare 2024. Hamaze kwemezwa ko MTN Rwanda idasiba mu myidagaduro ko nayo izaba ari umuterankunga w’ibyo bitaramo.

Ni mugihe kandi hamaze kongerwa abandi bahanzi kubari batangajwe mbere bagera kuri 5 kuri ubu bakaba bageze ku 9, aho bazataramira mu Turere dutandukanye iri gare rizageramo.

Ni ibitaramo bine bizazenguruka igihugu. Abahanzi icyenda barimo Niyo Bosco, Kenny Sol, Afrique na Danny Vumbi, Bwiza, Mico The Best, Juno Kizigenza, Bushali na Senderi Hit nibo bamaze kwemezwa.

Byitezwe ko igitaramo cya mbere kizaba ku wa 19 Gashyantare 2024 i Huye, ku wa 21 Gashyantare 2024 ibitaramo bikomereze i Rubavu, ku wa 22 Gashyantare 2024 bikomereze i Musanze mu gihe bizasorezwa mu Mujyi wa Kigali ku wa 25 Gashyantare 2024.

Isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu “Tour du Rwanda 2024” rigiye kuba ku nshuro ya 16 kuvaho ribaye mpuzamahanga mu 2009, mu gihe hazaba ari ku nshuro ya gatandatu kuva rigiye ku rwego rwa 2,1.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago