Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, Héritier Luvumbu Nziga yamaze kugera mu gihugu avukamo cya RD Congo yakirwa n’intwari.
Luvumbu Nzinga aheruka gutandukana na Rayon Sports bigendanye n’uko yari yahanwe kumara amezi atandatu adakandagira mu kibuga kubera kuvanga siporo na politiki.
Minisitiri Kabulo Mwana Kabulo ushinzwe siporo muri RD Congo yakiriye ndetse agirana ibiganiro na Luvumbu.
Ibi bikomeje kwibazwaho bitewe n’ibyo uyu mukinnyi yakoze hanyuma akakiranwa yombi mu gihugu cye, benshi bakaba batangiye gutekereza ko yaba yari yabitumwe.
Ubusanzwe mu itangazo rimuhagarika mu bikorwa byose bya siporo mu Rwanda ryasohowe na FERWAFA ryanzuye ko Komite yigenga ishinzwe imyitwarire muri FERWAFA, nyuma yo guterana igasuzuma ibyo Luvumbu yakoze bafatiye ibihano bingana n’amezi atandatu uyu mukinnyi atagaragara mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Ni igikorwa gihabanye na siporo yakoze ubwo yishimiraga igitego yaratsindiye ikipe ya Rayon Sports bahura na Police Fc mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…