MU MAHANGA

Ubuholandi bwafashe umunyarwanda ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu Buholandi hafatiwe undi Munyarwanda ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Advertisements

Ibitangazamakuru byo mu Buholandi bitandukanye, bibitangaza ko uyu mugabo w’imyaka 64, utatangajwe amazina ye, amakuru y’itabwa muri yombi kwe yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu taliki 14 Gashyantare 2024.

Yari atuye mu gace k’ahitwa Ede,muri komine ibarizwa mu mujyi rwagati w’Ubuholandi.Yafashwe n’itsinda mpuzamahanga rishinzwe ibyaha (TIM).Bivugwa ko yimukiye mu Buholandi mu 1998 avuye mu Rwanda aho yavukiye.

Arakekwaho ubufatanyacyaha muri Jenoside no gushishikariza gukora Jenoside ndetse hakaniyongeraho ibyaha by’intambara birimo gusahura no gusenya imitungo mu bice bitandukanye yagendagamo.

Amakuru avuga ko mu mwaka wa 2014, u Rwanda rwari rwatanze impapuro zo kumuta muri yombi , ariko ngo ntibyakorwa kubera ubwenegihugu yari afite bw’Ubuholandi.

Si ubwa mbere mu Buholandi hafatiwe abacyekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi , kuko no muri Werurwe 2019, bwataye muri yombi Venant Rutunga wahoze ayobora Ikigo cy’Ubushakashatsi cya ISAR Rubona giherereye mu karere ka Huye mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare.

Ni nyuma y’inyandiko y’ibirego yatanzwe n’ishami rishinzwe gukurikirana abashinjwa Genoside bo mu Rwanda (GFTU).Mu 2021 Ubutabera bw’u Buholandi bwamwohereje mu Rwanda kugirango ariho aburanishirizwa.

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago