POLITIKE

UPDF ivuga iki ku byo koherereza umusada M23 muri DRC

Igisirikare cya Uganda (UPDF), cyanyomoje amakuru avuga ko kimaze iminsi cyarohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Ingabo zo guha umusada inyeshyamba za M23.

Advertisements

Kuva mu ntangiriro z’uku kwezi hakwirakwiye amakuru avuga Ingabo za UPDF zambutse muri RDC ku bwinshi ziciye muri Teritwari ya Rutshuru, zijya guha umusada M23 ihanganye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni amakuru by’umwihariko yakwirakwijwe n’uwitwa Habyarimana Mbitse alias Jules Mulumba wo mu mutwe wa CMC/FDP uri mu mitwe yitwaje intwaro RDC yize Wazalendo ngo ifashe ingabo zayo guhangana na M23.

Umuvugizi wa UPDF biciye mu muvugizi wayo, Brig Gen Felix Kulayigye, yatangaje ko ibimaze iminsi bitangazwa na Mulumba ari ibinyoma.

Iti: “UPDF iranyomoza ibinyoma bikwirakwizwa na Bwana Jules Mulumba ko UPDF iri muri Rutsuru! Mu kugerageza kugaragaza ko ibyo avuga ari ukuri, akoresha amafoto y’Ingabo zacu zari mu zigize Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACRF)”.

Brig Gen Kulayigye amafoto Mulumba amaze iminsi akwirakwiza yafashwe ubwo Ingabo za Uganda zari ziri muri EACRF zari ahitwa Tsengero ku muhanda uhuza imijyi ya Bunagana-Rutshuru na Goma, aho kuba i Sake.

Yunzemo ati: “Mulumba usanzwe ari umuvugizi wa FDLR yiyita Wazalendo yazanye ibi birego mu gukingira ikibaba igihombo bakomeje guterwa na M23”.

Uyu musirikare yavuze ko nta n’imwe UPDF ifite yatuma yishora kwishora mu makimbirane y’imbere muri RDC, keretse biri mu rwego rwa gahunda y’akarere igamije amahoro.

UPDF irahakana ibyo gufasha M23

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago