Mu Kagari ka Nyamabuye mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, haravugwa inkuru y’abantu batatu bagwiriwe n’umukingo.
Amakuru avuga ko ubwo bari baryamye mu nzu batuyemo umugabo n’umwana bahise bapfa gusa umugore arakomereka.
Ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2024, nibwo uyu mukingo wagwiriye inzu y’uyu muryango.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatsata, Murebwayire Alphonsine, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko umugore wari muri iyo nzu, yajyanywe kwa muganga.
Ati “Nibyo ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo umukingo wagwiriye icyumba cy’inzu abari bakiryamyemo umugabo n’umwana barapfa. Umugore we imbangukiragutabara yahise imujyana kwa muganga.”
Mugihe abaturage bakomeje kwimurwa ahashobora gushyira ubuzima bwabo mukaga hirya no hino mu gihugu, uyu muyobozi we avuga ko muri uyu murenge hamaze kwimurwa imiryango igera ku 1300 yari ituye mu manegeka.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…