Trump yavuze ku magambo aherutse gutangazwa na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, ko yiyumvamo Joe Biden kurusha Trump kuko Biden afite uburambe kandi byoroshye kumenya ibyo atekereza.
Mu magambo ye Trump wayoboye Amerika nka Perezida wa 45 yavuze ko ayo magambo ari meza cyane kuri we.
Ku wa Gatatu ubwo yari muri Leta ya South Carolina mu bikorwa bye byo kwiyamamaza, yabwiye abamushyigikiye ati “Perezida Putin w’u Burusiya yarankeje mu by’ukuri.”
“Yaravuze ati yahitamo kugira Joe Biden nka Perezida kurusha Trump. Ibyo ni byiza…kandi mu by’ukuri, yagombaga kuvuga atyo.”
Aya magambo ya Trump asubiza ayo Putin aherutse gutangaza mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yavuze ko asanga Biden azongera gutorerwa kuyobora Amerika kuko ngo ari amahitamo meza mu nyungu z’u Burusiya, anashimangira ko azakorana n’umuyobozi uwo ariwe wese wa Amerika.
Bisa naho barimo kuryaryana kuko ubusanzwe aba bombi ubwo Trump yari kubutegetsi bari inshuti zikomeye, ahubwo igitangaje nuko uyu Putin wemeza Joe Biden uriho kuri ubu batagiye bagaragaza ko ukubana neza.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…