Trump yavuze ku magambo aherutse gutangazwa na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, ko yiyumvamo Joe Biden kurusha Trump kuko Biden afite uburambe kandi byoroshye kumenya ibyo atekereza.
Mu magambo ye Trump wayoboye Amerika nka Perezida wa 45 yavuze ko ayo magambo ari meza cyane kuri we.
Ku wa Gatatu ubwo yari muri Leta ya South Carolina mu bikorwa bye byo kwiyamamaza, yabwiye abamushyigikiye ati “Perezida Putin w’u Burusiya yarankeje mu by’ukuri.”
“Yaravuze ati yahitamo kugira Joe Biden nka Perezida kurusha Trump. Ibyo ni byiza…kandi mu by’ukuri, yagombaga kuvuga atyo.”
Aya magambo ya Trump asubiza ayo Putin aherutse gutangaza mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yavuze ko asanga Biden azongera gutorerwa kuyobora Amerika kuko ngo ari amahitamo meza mu nyungu z’u Burusiya, anashimangira ko azakorana n’umuyobozi uwo ariwe wese wa Amerika.
Bisa naho barimo kuryaryana kuko ubusanzwe aba bombi ubwo Trump yari kubutegetsi bari inshuti zikomeye, ahubwo igitangaje nuko uyu Putin wemeza Joe Biden uriho kuri ubu batagiye bagaragaza ko ukubana neza.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…