Isoko ry’inkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe, mu Murenge wa Gasaka ryafashwe n’inkongi mu ijoro ryo ku wa 16 Gashyantare 2024. Bivugwa ko yakomotse ku muriro w’amashanyarazi.
Iri soko ryari ryubakishije imbaho, abahacururiza bavuga ko ryatangiye gushya mu ma saa saba z’ijoro, hakaba hakekwa ko inkongi yaba yaturutse ku mashanyarazi.
Abaricururizamo ubu amarira ni yose kuko ryaraye rihiye rigakongoka ntihagire icyo bakiza.
Kizimyamoto yaturutse i Nyanza ngo yabagezeho mu masaa cyenda z’ijoro ibintu byose byamaze gukongoka.
Iri soko ryibasiwe n’inkongi,nyuma y’uko muri iyi nkambi huzuye isoko rishya rigiye no kwimurirwamo abacuruzi.
Iyi nkongi yadutse batararitaha ikongora n’ibicuruzwa byose.
Isoko rya Kigeme ryacururizwagamo n’umubare munini w’Impunzi ziba mu nkambi ya Kigeme.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…