RWANDA

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we Tshisekedi

Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare, yahuriye mu nama yiga ku bibazo bya RDC n’abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Addis-Abeba muri Ethiopia, aho bitabiriye inama isanzwe ya 37 y’inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Perezida João Lourenço wa Angola nk’umuhuza mu bibazo bya RDC, ni we wabahurije hamwe.

Ba Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Dr William Somei Ruto wa Kenya bari mu bandi bayitabiriye.

Nta makuru arambuye y’ibyavugiwe muri iyi nama yigeze atangazwa, gusa Perezidansi y’u Rwanda ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko mu byaganiriweho harimo “impamvu nyamukuru y’umutekano muke ukomeje mu burasirazuba bwa RDC, imiyoborere mibi, itoteza rishingiye ku moko ndetse n’urugomo”.

Perezida Lourenço ubwo yafunguraga iriya nama we yavuze ko intego nyamakuru yayo yari “ukurebera hamwe uko haboneka agahenge hagati ya RDC na M23 ndetse no kugerageza guhuriza mu biganiro abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na RDC”.

Lourenço yunzemo ko iriya nama yari igamije kandi gucubya “inkongi [y’umuriro] ishobora kwibasira akarere ka EAC na SADC”.

Kugeza ubu imyanzuro y’iyi nama ntabwo iramenyekana.

Iyi nama y’i Addis-Abeba yabaye cyakora mu gihe imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Impande zombi zimaze icyumweru kirenga zihanganiye uduce turimo umujyi wa Sake.

Iyi mirwano by’umwihariko yatumye umwuka ukomeza kuba mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bijyanye no kuba Kinshasa irushinja kuba ari rwo ruha ubufasha uyu mutwe.

Ni ibirego cyakora I Rwanda rutahwemye guhakana.

Impande zihanganye zimaze igihe zisabwa n’amahanga gukemura ibibazo zifitanye biciye mu nzira y’ibiganiro, gusa Congo Kinshasa imaze igihe yarinangiye ko idashobora kuganira na M23 mu gihe uyu mutwe ukigenzura tumwe mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we Tchisekedi

Gabriel Uzabakiriho

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago