Bahati Grace wabaye nyampinga w’u Rwanda 2009, yibarutse ubuheta n’umugabo Murekezi Pacifique.
Miss Bahati Grace ari mu byishimo bikomeye we n’umugabo we Murekezi Pacifique aho bibarutse umwana w’umuhungu.
Nk’uko amakuru batanze babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zaba bombi, bagaragaje ibyishimo by’uko bibarutse no kwagura umuryango by’umwihariko Grace wibarutse ubuheta, mugihe Pacifique abyaye umwana w’imfura.
Mu butumwa batanze bavuze ko umwana bibarutse yavutse tariki 13 Gashyantare 2024 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi ko buzuye umunezero mwinshi no gushima.
Ibi byishimo byagaragajwe ubwo uyu muryango wifataga amafoto bishimira kwakira uyu mwana mushya wavutse.
Uyu mwana w’umuhungu wamaze guhabwa izina rya Raphael abaye umuhungu wa kabiri (ubuheta) bwa Bahati Grace dore ko imfura ye Ethan yamubyaranye n’umuhanzi w’umuraperi K8 Kavuyo nawe muri Amerika mu mwaka 2012.
Ni mugihe Raphael wavutse ari imfura ya Murekezi Pacifique na Bahati Grace.
Mu mwaka 2021, Miss Bahati Grace, yakoze ubukwe na Murekezi Pacifique muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uyu Murekezi Pacifique akaba asanzwe ari umuhungu wa Fatikaramu wakinnye mu ikipe ya Rayon Sports.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…