Umuhanzi Itahiwacu Bruce Melodie yerekeje mu gihugu cya Kenya mu gusoza imwe mu mishinga y’indirimbo afite.
Bivugwa ko Bruce Melodie ateganya gukora n’abahanzi batandukanye muri icyo gihugu ku isonga hakaza Bien-Aime wahoze mu itsinda rya Sauti Sol ariko kuri ubu akaba asigaye yikorana.
Itsinda rya Sauti Sol ryamamaye cyane ku mugabane w’Afurika ryabarizwagamo abasore bane aribo Bien-Aime Baraza, Willis Austin Chimano, Delvin Mudigi, Pilycarp Otieno.
Bruce Melodie ntiyagiye muri Kenya wenyine kuko yitwaje na Producer Prince Kiiz wamukoreye indirimbo ‘Funga Macho’ imaze kumukorera amateka mu muziki we.
Uyu musore ukiri muto ariko ufite ubuhanga mu gutunganya umuziki Prince Kiiz asanzwe abarizwa muri Country Record ni mugihe Producer Element Eleeeh basanzwe babarizwa mu nzu imwe itunganya umuziki ya 1:55AM yamusize.
Yagiye kandi arikumwe na Jean Luc usanzwe amurinda umutekano.
Umuhanzi Bruce Melodie avuga ko uyu mwaka ari kwita cyane kuri Album ye yitegura gushyira hanze kandi ko yizeye ko izakomeza ku mushyira ku rwego yifuza.
Ni Album uyu muhanzi yamaze no guhishura izina ryayo aho yemeje ko nyuma y’igihe kinini ashaka izina rikwiriye aza guhitamo kuyita ‘Sample’ izaba iriho indirimo 16 kandi muri izo zose nta n’imwe irasohoka.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…