INKURU ZIDASANZWE

Goma: Abigaragambya batwitse irindi bendera ry’Amerika

Ibendera rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryatwitswe mu gitondo cy’uyu munsi n’abasore bigaragambya mu Mujyi wa Goma nyuma y’ibyo bita (uburyarya bwabo mu kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC). Irindi bendera rya Amerika ndetse n’iry’u Bubiligi yaherukaga gutwika mu myigaragambyo y’i Kinshasa.

Muri iki gitondo cyo kuwa Mbere, uru rubyiruko rwigabije imihanda mu rwego rwo gushyigikira FARDC mu kurwanya M23.

Abigaragambya ngo biyemeje guhatira Umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora mu kugarura amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ibendera rya Amerika ryatwitswe mu gihe ku Cyumweru, Perezida Félix Tshisekedi yahuriye i AddisAbaba, muri Ethiopia, na Madamu Molly Phee, Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo bya Afurika, ku bijyanye n’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.

Madamu Molly Phee yijeje Perezida Tshisekedi inkunga ya USA mu gukemura ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC. Avuga ko yumva gucika intege kw’abaturage ba Congo.

Si ubwa mbere ibendera ry’Amerika ritwitswe n’abigaragambya muri DRC

Emmy

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

2 days ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

2 days ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

2 days ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

3 days ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

3 days ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

3 days ago