POLITIKE

Goma: Barigaragambya basaba ko gutera u Rwanda byihutishwa

Mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye. Abaturage bavuga ko bamagana guceceka kw’amahanga imbere y’ubwicanyi bukomeje kuba mu burasirazuba bw’igihugu. Bavuga ko bashyigikiye ingabo mu guhagarika intambara.

Advertisements

Bavugaga amagambo arimo agira ati: “Turarambiwe, twamaganye ubufatanye bw’umuryango mpuzamahanga mu bibera hano. Twemeye inkunga idahwema mu gushyigikira ingabo zacu kugira ngo bashyireho iherezo ry’ibibi bya M23”.

Iyo myigaragambyo yagombaga kuva mu mujyi wa Goma ikagera mu mujyi wa Sake yari ifite intego zikurikira:

1: Gushyigikira ingabo za leta FARDC na Wazalendo.

  1. Gusaba ukugenda kwihuse kwa MONUSCO.
  2. Gufunga ambasade z’ibihugu by’iburengerazuba byatuje nyuma mu gihe cy’intambara ibera muri Kivu.
  3. Gusaba Guverinoma ya Congo (RDC) gutera u Rwanda.

Urwo rugendo rwahagaritswe bageze mu gace ka Mugunga kubera impamvu z’umutekano nk’uko byatangajwe n’abayobozi bategura iyi myigaragambyo, beretse urwo rubyiruko rwa Goma akaga ko kujya mu karere k’imirwano, dore ko inyeshyamba za M23 ziri hafi ya Sake.

Batangaje ko abo bigaragambyaga basezeranyije ko bazategura ibindi bikorwa mu minsi iri imbere, kugira ngo “bagabe igitero simusiga ku bayobozi bigize nk’abami b’abami bari muri aka karere”.

Goma: Barigaragambya basaba ko gutera u Rwanda byihutishwa

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago