Ibendera rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryatwitswe mu gitondo cy’uyu munsi n’abasore bigaragambya mu Mujyi wa Goma nyuma y’ibyo bita (uburyarya bwabo mu kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC). Irindi bendera rya Amerika ndetse n’iry’u Bubiligi yaherukaga gutwika mu myigaragambyo y’i Kinshasa.
Muri iki gitondo cyo kuwa Mbere, uru rubyiruko rwigabije imihanda mu rwego rwo gushyigikira FARDC mu kurwanya M23.
Abigaragambya ngo biyemeje guhatira Umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora mu kugarura amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ibendera rya Amerika ryatwitswe mu gihe ku Cyumweru, Perezida Félix Tshisekedi yahuriye i AddisAbaba, muri Ethiopia, na Madamu Molly Phee, Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo bya Afurika, ku bijyanye n’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.
Madamu Molly Phee yijeje Perezida Tshisekedi inkunga ya USA mu gukemura ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC. Avuga ko yumva gucika intege kw’abaturage ba Congo.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…