INKURU ZIDASANZWE

Goma: Intambara yahuje FARDC na Wazalendo yaguyemo 5

Abasirikare batatu ba FARDC n’abarwanyi babiri ba Wazalendo nibo bemejwe ko bapfuye, nyuma y’ubushyamirane bwahurije impande zombi mu mujyi wa Goma.

Advertisements

Amakuru avuga ko ubwumvikane buke hagati y’abasirikare ba FARDC na bamwe mu rubyiruko rwa Wazalendo, bwabaye kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare, bikaba aribyo byabaye intandaro y’amakimbirane yahuje impande zombi, mbere yo guhana urufaya rw’amasasu.

Ibi byabereye ahitwa Lac-Vert mu Mujyi wa Goma.

Dedesi Mitima uyobora agace imirwano yabereyemo, yavuze ko abasirikare batatu ba congo bapfuye, ku ruhande rwa Wazalendo hapfa babiri.

FARDC yasubiranyemo na Wazalendo basanzwe bafatanya guhashya M23

Yagize ati: “Hari impungenge hano ISTA (Goma). Twabashije kumenya abantu batanu bapfuye, barimo Wazalendo babiri n’abasirikare batatu ba FARDC.”

Mitima yavuze ko batabashije kumenya intandaro y’amakimbirane, ariko ko abaturage babashije kugera aho byabereye batabara inkomere.

Igisirikare cya Congo ntacyo kiravuga kubyabaye.

Impande zombi zasubiranyemo mu gihe aba-Wazalendo basanzwe bafasha FARDC mu ntambara imaze imyaka ibiri irenga ihanganyemo n’umutwe wa M23.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago