IMYIDAGADURO

Miss Bahati Grace yibarutse ubuheta-AMAFOTO

Bahati Grace wabaye nyampinga w’u Rwanda 2009, yibarutse ubuheta n’umugabo Murekezi Pacifique.

Miss Bahati Grace ari mu byishimo bikomeye we n’umugabo we Murekezi Pacifique aho bibarutse umwana w’umuhungu.

Nk’uko amakuru batanze babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zaba bombi, bagaragaje ibyishimo by’uko bibarutse no kwagura umuryango by’umwihariko Grace wibarutse ubuheta, mugihe Pacifique abyaye umwana w’imfura.

Ibyishimo bikomeye ku muryango

Mu butumwa batanze bavuze ko umwana bibarutse yavutse tariki 13 Gashyantare 2024 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi ko buzuye umunezero mwinshi no gushima.

Ibi byishimo byagaragajwe ubwo uyu muryango wifataga amafoto bishimira kwakira uyu mwana mushya wavutse.

Umwana wavutse yahawe izina rya Raphael

Uyu mwana w’umuhungu wamaze guhabwa izina rya Raphael abaye umuhungu wa kabiri (ubuheta) bwa Bahati Grace dore ko imfura ye Ethan yamubyaranye n’umuhanzi w’umuraperi K8 Kavuyo nawe muri Amerika mu mwaka 2012.

Ni mugihe Raphael wavutse ari imfura ya Murekezi Pacifique na Bahati Grace.

Murekezi Pacifique yibarutse imfura

Mu mwaka 2021, Miss Bahati Grace, yakoze ubukwe na Murekezi Pacifique muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uyu Murekezi Pacifique akaba asanzwe ari umuhungu wa Fatikaramu wakinnye mu ikipe ya Rayon Sports.

Ethan yishimiye kugira murumuna we

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago