Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru Nkusi Arthur wamenyekanye nka Rutura n’umugore we Miss Muthoni Fiona, baritegura kwibaruka imfura yabo.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo aba bombi basangije ababakurikira amashusho agaragaza ko Fiona atwite ndetse ko bitegura kwibaruka.
Ni mu mashusho bashyizeho bigaragaza ko bombi bagiye mu butembere ariko kandi bikaba ibyishimo byo kwitegura kwibaruka, dore ko Fiona asa n’ukuriwe.
Arthur Nkusi na Fiona bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka irenga ibiri bakoze ubukwe.
Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 14 Kanama 2021, bubera ku mucanga wa Rushel Kivu Lodge Hotel.
Arthur Nkusi wamamaye nka Rutura ni umwe mu banyarwenya bakomeye u Rwanda rufite dore ko asanzwe anategura igitaramo yagiye atumiramo ibyamamare kizwi nka Seka Live.
Azwiho kandi kuba umwe mu bayobora ibirori bikomeye mu gihugu hamwe n’umugore we Miss Muthoni Fiona.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…