Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru Nkusi Arthur wamenyekanye nka Rutura n’umugore we Miss Muthoni Fiona, baritegura kwibaruka imfura yabo.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo aba bombi basangije ababakurikira amashusho agaragaza ko Fiona atwite ndetse ko bitegura kwibaruka.
Ni mu mashusho bashyizeho bigaragaza ko bombi bagiye mu butembere ariko kandi bikaba ibyishimo byo kwitegura kwibaruka, dore ko Fiona asa n’ukuriwe.
Arthur Nkusi na Fiona bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka irenga ibiri bakoze ubukwe.
Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 14 Kanama 2021, bubera ku mucanga wa Rushel Kivu Lodge Hotel.
Arthur Nkusi wamamaye nka Rutura ni umwe mu banyarwenya bakomeye u Rwanda rufite dore ko asanzwe anategura igitaramo yagiye atumiramo ibyamamare kizwi nka Seka Live.
Azwiho kandi kuba umwe mu bayobora ibirori bikomeye mu gihugu hamwe n’umugore we Miss Muthoni Fiona.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…