Umuhanzi Bruce Melodie uri kubarizwa muri Kenya mu bikorwa bya Muzika, yatangaje ko Album ye nshya yise ‘Sample’ amaze igihe ateguza izajya hanze muri Gicurasi 2024.
Ibi Melodie yabitanga mu kiganiro yagiranye Trace Fm yo muri Kenya, ubwo yari abajijwe igihe azashyirira hanze Album ye amaze igihe kitari gito akoraho.
Yagize ati “Album turi gukoraho turi gupanga kuyishyira hanze muri Gicurasi hafi n’impeshyi, ikindi kandi mwitege imiziki irenze”.
Iyi Album ya Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie avuga ko izaba igizwe n’indirimbo 16 kandi zose kugeza kuri ubu ntarashyira n’imwe hanze.
Bruce Melodie ari mu gihugu cya Kenya mu bikorwa bye bya muzika, mugihe yagiye gusoza imwe mu mishinga y’indirimbo zizagaragara kuri iyi album.
Bruce yerekejeyo muri Kenya arikumwe na Producer Prince Kiiiz hamwe na Jean Luc umurindira umutekano.
Uyu muhanzi byitezwe ko azahura na mugenzi we Bien Aime wahoze muri Sauti Sol.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…