POLITIKE

Gabon: Abajenerali bagiye kwemererwa gutunga abagore barenze umwe

Muri Gabon, amategeko mbonezamubano yo mu 1972 yagiye ahuzwa n’imigenzo gakondo akagira aibyo yemera nko kuba umugabo umwe yagira abagore benshi. abacamanza bafite abagore benshi “bahuza” n’imigenzo gakondo y’abashakanye. Mu 2021, umuhanga mu bumenyi bw’ikiremwamuntu n’imigebereho y’abantu, Emmanuelle Nguema Minko yagize ati: “Yaba amategeko mbonezamubano ya Gabon cyangwa amategeko gakondo yacu, yemera kugira abagore benshi nk’indagaciro muri sosiyete yacu.”

Advertisements

Ariko hakurikijwe ingingo ya 40 y’Iteka n°1059/PR yo ku ya 24/11/1976, “abasirikare bo bagomba gushyingirwa n’umugore umwe kandi ntibashobora gushyingirwa batabiherewe uburenganzira n’ubuyobozi bubifitiye uburenganzira”. Ese umukuru w’igihugu mushya (ku butegetsi kuva ku ya 30 Kanama 2023), Jenerali Brice Clotaire Oligui Nguema, yashakaga kugusha neza abajenerali bagenzi be atangira gusaba ko nabo bakwemererwa kugira abagore babiri? Cyangwa yashakaga ko nabo baba nkawe dore ko ubusanzwe afite abagore babiri umwe witwa Zita Oligui (reba ku ifoto yacu y’iyi nkuru yafashwe na AFP), n’undi witwa Avome Oligui.

Nubwo hariho ubwo bushake ariko, inama y’abaminisitiri yo ku wa mbere taliki ya 22 Mutarama 2024 yemeje umushinga w’itegeko rihindura Imiterere yihariye y’igisirikare, ryemejwe n’Itegeko n° 18/2010 ryo ku ya 27 Nyakanga 2010. Yagaragaje ko abasirikari bashobora guhitamo uburyo bwinshi bwo gushyingirwa ariko ibyo bikaba kubayobozi bakuru b’igisirikari gusa: abajenerali.

Bamwe babifashe nk’intwambwe itewe abandi babibona nkon guheza bamwe. Ubwo yabazwaga na radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, uwahoze ari umushinjacyaha, Sidonie Flore Ouwé, na we wari perezida w’umuryango utegamiye kuri Leta uharanira uburenganzira bw’abagore “Salon de la femme”, yarakajwe n’uko abajenerali bonyine ari bo bemerewe, ati ” Bose nibafatwe kimwe? Kuki abasirikari bakuru aribo gusa bakwemererwa kugira abagore benshi nk’aho abandi basirikari bo atari abantu. Ibyo ni ivangura. Bagomba gufatwa kimwe.”

Gabon: Abajenerali bagiye kwemererwa gutunga abagore barenze umwe

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago