Leta y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Gashyantare yashyikirije iy’u Burundi impunzi 96, nyuma yo kwiyandikisha zisaba gutaha mu gihugu cyazo ku bushake.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo izo mpunzi zigize icyiciro cya 65 zinjiye mu Burundi zambukiye ku mupaka wa Nemba wo mu karere ka Bugesera.
75 mu batashye babaga mu nkambi ya Mahama yo mu karere ka Kirehe, icyenda babaga mu mujyi wa Kigali mu gihe abandi 11 babaga mu karere ka Bugesera.
Muri 2015 ni bwo impunzi z’Abarundi zibarirwa muri 70,000 zahungiye mu Rwanda, nyuma y’imvururu zadutse ubwo Pierre Nkurunziza wari Perezida wa kiriya gihugu yatangazaga go aziyamamariza kukiyobora muri manda ye ya gatatu.
Kuva mu myaka itatu ishize ababarirwa mu 30,000 ni bo bamaze gutahuka, mu gihe ababarirwa mu 40,000 bakiri mu nkambi ya Mahama.
Izi mpunzi zatahutse mu gihe hashize igihe gito umwuka wongeye kuba mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi.
Ni umwuka mubi wadutse mu mpera z’umwaka ushize ubwo Gitega yashinjaga Kigali guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwayo.
U Burundi kandi bushinja u Rwanda kuba rwarabubeshye rukanga kubushyikiriza abakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuga ko rucumbikiye.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…