Umuhanzi Kenny Sol uri bamaze gushinga imizi mu muziki w’u Rwanda yamaze gushyira umukono ku masezerano n’inzu ya 1:55AM ifasha abahanzi barimo Bruce Melodie.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 21 Gashyantare, nibwo Nobert Rusanganwa wamamaye nka Kenny Sol yashyize umukono w’amasezerano yo kwinjira mu mubare w’abahanzi basanzwe bafashwa n’nzu ibarizwamo Bruce Melodie na Ross Kana.
Bimenyekanye ko Kenny Sol ariwe wasinye muri iy’inzu nyamara uwavugwaga cyane yari Kevin Kade.
Kwerekeza muri iyi nzu gusa byari byoroshye cyane kuri Kenny Sol kuko n’ubusanzwe uyu muhanzi yigeze gukorana na Bruce Melodie ubwo yazamuraga uyu muhanzi abinyujije ‘Igitangaza Lebel’ ndetse siwe wenyine kuko yafashije na Juno Kizigenza ariko kandi bakaba basanzwe ari n’inshuti.
Kenny Sol kandi yakoranye n’indirimbo nyinshi na Bruce Melodie zakunzwe cyane cyane iyo bise ‘Ikinyafu’.
Inzu ya 1:55 AM yashinzwe n’umushoramari Coach Gael yarisanzwe ibarizwamo abahanzi babiri aribo Bruce Melodie, Ross Kana hakaba hiyongereyeho Kenny Sol.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…