RWANDA

RIB igiye gutangira gukora iperereza kuri ruswa y’igitsina ivugwa muri Tour du Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa RIB, Jeannot Ruhunga yavuze ko yamenye amakuru y’uko mu mukino w’amagare wa Tour du Rwanda havugwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bityo bagiye kubikurikirana.

Advertisements

Kuri uyu wa 21 Gashyantare, nibwo yabigarutseho mu biganiro biri guhuza inzego z’ubutabera n’izireberera itangazamakuru mu Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col (Rtd) Jeannot Ruhunga, yavuze ko bagiye gukurikirana barebe ko iyo ruswa y’igitsina ivugwa muri Tour du Rwanda ihari hanyuma bakurikirane abakekwa.

Ati “Twarabimenye ariko ibivugwa aba ari byinshi. Ariko hari ibivugwa ari ibihuha, hari ibivugwa bifite ireme. Iyo twumvise inkuru nk’iyo twebwe tujyamo, tugakurikirana.

Yakomeje agira ati ” Ubu icyo twakoze ni uko tugiye gutangira gukurikirana, twasanga koko bifite ireme, icyo gihe ababigizemo uruhare byanze bikunze bakurikiranwa.”

Hamaze iminsi havugwa ubusambanyi muri Tour du Rwanda aho abakobwa bemererwa akazi ko kwamamaza ariko bagasabwa ruswa y’igitsina kugira ngo bagahabwe.

Umuntu wese, mu buryo ubwo ari bwo bwose usaba, wemera cyangwa usezeranya gukora Ishimishamubiri rishingiye ku gitsina cyangwa utuma undi muntu arigirirwa cyangwa wemera amasezerano ya ryo kugira ngo hagire igikorwa cyangwa ikidakorwa, aba akoze icyaha.

Umuntu uhamwe n’icyo cyaha, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko atarenze miliyoni 2 Frw.

Umuntu wese uhamijwe n’Urukiko gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 10 ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga miliyoni 1 Frw ariko atarenze miliyoni 2 Frw.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago