POLITIKE

Abadepite 99% b’u Rwanda batoye umushinga wemeza kwakira abimukira bo mu Bwongereza

Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yamaze kwemeza ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’u Bwongereza ku bijyanye n’ubufatanye mu birebana n’impunzi n’abimukira.

Advertisements

Mu Badepite 62 bitabiriye imirimo y’inteko rusange, abafashe ijambo 99% bagaragaje ko bashyigikiye uyu mushinga, ndetse 58 batora ishingiro ryawo, babiri barifata habonekamo imfabusa ebyiri.

Abadepite batoye ku bwiganze umushinga wo kwakira abimukira mu Rwanda

Nubwo benshi bavuze ko bishimiye ko u Rwanda rwakira aba bimukira,Depite Dr Frank Habineza wanenze uyu mushinga rugikubita, yagaragaje ko izi nshingano zikwiye gushyirwa mu bikorwa n’u Bwongereza kuko ari igihugu kinini kandi gikize aho kuziharira u Rwanda.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yabwiye Inteko Rusange y’Abadepite ko hari umushinga w’itegeko rishyiraho urukiko ruburanisha impunzi mu Rwanda no guhindura irizigenga.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel ubwo yagezaga ku bateraniye mu Inteko gahunda yo kwakira abimukira mu Rwanda

Ati “Ibigiye guhinduka mu mategeko yacu ntibizaba bireba gusa abimukira cyangwa abasaba ubuhunzi, ni kuri bose.’’

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yabwiye Abadepite ko amakuru y’ibanze yerekana ko abimukira bazava mu Bwongereza mu bihe bitandukanye.

Ati “Mu 2000 bazaza, ntibazazira umunsi umwe, bazaza mu mezi ane. Amasezerano agena ko abana bari munsi y’imyaka 18 bazagumayo.’’

Minisitiri Dr Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko u Rwanda rwiyemeje gutanga ubufasha bwarwo mu kurengera abimukira kandi ruzabikomeza.

Ati “Ntitugira byinshi ariko dufite imitekerereze itwemerera ko n’ibyo dufite tubisaranganya n’abandi kandi bakabaho neza.’’

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago