Umunya-Belarus Viachaslau Shpakouski yakuwe mu irushanwa rya Tour du Rwanda
Umunya-Belarus Viachaslau Shpakouski ukinira May Stars yo mu Rwanda yakuwe muri Tour du Rwanda umwaka 2024, ubwo hakinwaga Agace ka Rukomo-Kayonza nyuma yo gufata ku modoka.
Aya ni amakosa asa neza nayaherutse kuba ku Munyarwanda Ngendahayo Jeremie nawe wafashe ku modoka ubwo yasiganwaga muri irushanwa rya Tour du Rwanda mu gace kavaga i Karongi kerekeza i Rubavu.
Uyu musore nawe ukinira May Stars yaje gukurwa mu irushanwa ndetse acibwa n’amande angana n’ibihumbi 270 Frw, anakurwaho amanota 50 k’urutonde rw’umukino w’amagare ku isi.
Umunya-Belarus Viachaslau Shpakouski we yaciwe amande y’ibihumbi 270 Frw, anakurwaho amanota 50 ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi, UCI.
Iri kosa ryanatumye Team Manager w’iyi kipe, Aklilu Haile Zeweldi afatirwa ibihano birimo kuvanwa mu irushanwa, gukuramo imodoka ye no gucibwa amande y’ibihumbi 270 Frw.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…