Umunya-Belarus Viachaslau Shpakouski yakuwe mu irushanwa rya Tour du Rwanda
Umunya-Belarus Viachaslau Shpakouski ukinira May Stars yo mu Rwanda yakuwe muri Tour du Rwanda umwaka 2024, ubwo hakinwaga Agace ka Rukomo-Kayonza nyuma yo gufata ku modoka.
Aya ni amakosa asa neza nayaherutse kuba ku Munyarwanda Ngendahayo Jeremie nawe wafashe ku modoka ubwo yasiganwaga muri irushanwa rya Tour du Rwanda mu gace kavaga i Karongi kerekeza i Rubavu.
Uyu musore nawe ukinira May Stars yaje gukurwa mu irushanwa ndetse acibwa n’amande angana n’ibihumbi 270 Frw, anakurwaho amanota 50 k’urutonde rw’umukino w’amagare ku isi.
Umunya-Belarus Viachaslau Shpakouski we yaciwe amande y’ibihumbi 270 Frw, anakurwaho amanota 50 ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi, UCI.
Iri kosa ryanatumye Team Manager w’iyi kipe, Aklilu Haile Zeweldi afatirwa ibihano birimo kuvanwa mu irushanwa, gukuramo imodoka ye no gucibwa amande y’ibihumbi 270 Frw.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…