INKURU ZIDASANZWE

Burkina Faso: Abantu batabarika baguye mu Musigiti

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 26 Gashyantare, amakuru avuga ko mu Musigiti uri mu Burasirazuba bw’igihugu cya Burkina Faso hagabwe igitero n’abantu bataramenyekana cyaguyemo abantu batabarika.

Advertisements

Umwe mu bari bashinzwe umutekano aho byabereye yabwiye AFP ko yabonye abantu batazwi baje bitwaje intwaro hanyuma binjira mu Musigiti baminjamo amasasu abari baje gusari.

Yagize ati: “Abantu bitwaje intwaro bateye umusigiti i Natiaboani ku cyumweru (25 Gashyantare) ahagana mu ma Saa Kumi n’imwe za mu gitondo, ahaguye abantu benshi bapfuye bishwe.”

Uwo muturage avuga ko abishwe bose bari Abayisilamu, abenshi muri bo bakaba bari abagabo kandi ko bari baje gusenga mu isengesho rya mu gitondo.

Aya mahano abaye ku munsi umwe aho n’ubundi abaturage 15 baguye mu gitero cyagabwe kuri Kiliziya Gatolika mu misa yari yabaye ku cyumweru mu majyaruguru y’iki gihugu.

Abo bagizi ba nabi bongeye kwibasira umudugudu witwa Essakane, aho abantu 12 bahise babica, abandi batatu bakomerekera bikomeye mu gukiza amagara yabo kuri ubu bakaba bakomeje kwitabwaho n’abaganga. Byongeye kandi, abantu babiri bakomeretse muri icyo gitero.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago