Amakuru ataremezwa neza ava mu Burundi aravuga igitero cyagabwe n’umutwe witwa RED-Tabara muri zone ya Buringa, komini ya Gihanga, intara ya Bubanza.
Nta mubare w’abantu bapfuye cyangwa bakomeretse uramenyekana ariko icyicaro cy’ishyaka riri ku butegetsi ,CNDD-FDD,, cyaba cyashenywe n’inyeshyamba za RED-Tabara.
Imirwano hagati y’abasirikare ba leta (FDNB) n’inyeshyamba bivugwa ko yari ikomeje muri iyi ntara iherereye mu burengerazuba bw’u Burundi ubwo aya makuru yatangazwaga mu masaha 7 ashize na Emile Nibasumba nyiri ikinyamakuru Le Mandat.
RED-Tabara yaherukaga kugaba igitero mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize. Igitero cyabereye muri Vugizo, hafi y’umupaka na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, aho Leta yemeje ko cyaguyemo abantu 20.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…