POLITIKE

Burundi: Haravugwa igitero cya RED-Tabara ahitwa Buringa

Amakuru ataremezwa neza ava mu Burundi aravuga igitero cyagabwe n’umutwe witwa RED-Tabara muri zone ya Buringa, komini ya Gihanga, intara ya Bubanza.

Advertisements

Nta mubare w’abantu bapfuye cyangwa bakomeretse uramenyekana ariko icyicaro cy’ishyaka riri ku butegetsi ,CNDD-FDD,, cyaba cyashenywe n’inyeshyamba za RED-Tabara.

Imirwano hagati y’abasirikare ba leta (FDNB) n’inyeshyamba bivugwa ko yari ikomeje muri iyi ntara iherereye mu burengerazuba bw’u Burundi ubwo aya makuru yatangazwaga mu masaha 7 ashize na Emile Nibasumba nyiri ikinyamakuru Le Mandat.

RED-Tabara yaherukaga kugaba igitero mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize. Igitero cyabereye muri Vugizo, hafi y’umupaka na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, aho Leta yemeje ko cyaguyemo abantu 20.

Emmy

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

3 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago