Umugabo witwa Kayitare Maurice w’imyaka 55 y’amavuko, yiyahuriye mu nyubako izwi nko ku Nkundamahoro iherereye Nyabugogo, akubita umutwe hasi ahita apfa.
Amakuru dukesha UMUSEKE avuga ko ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa 25 Gashyantare 2024 mu Mudugudu wa Akabeza, Akagari ka Kimisagara ho mu Murenge wa Kimisagara.
Abantu benshi bakorera muri Nyabugogo bahise bavuga ko bagiye kumva bumva ikintu cyikubise hasi bahita bahurura baza kureba ibibaye basanga ni umugabo wiyahuye ahita apfa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara, Kalisa Jean Sauveur, yavuze ko uwo mugabo akimara guhanuka yahise ashiramo umwuka
Ati “Umurambo we wahise ujyanwa ku bitaro bya Kacyiru ngo ukorerwe isuzuma.”
Yavuze ko hagikorwa iperereza ngo hamenyekane icyaba cyamuteye kwiyahura.
Ati “Inzego z’umutekano n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) byahageze bitangira iperereza ku cyaba cyateye uyu mugabo kwiyahura.”
Si ubwa mbere muri iyo nyubako hahanutse umuntu agahita apfa.
Abari ku Nkundamahoro bavuga ko Kayitare yaba yiyahuye nyuma yo gukina umukino w’amahirwe (betting) yamara gushirirwa agahitamo kwiyambura ubuzima.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…