Byibuze abasivili 10 n’abasirikare 5 baguye mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro baturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo ku mugoroba wo kuri iki cyumweru,tariki ya 25 Gashyantare 2024.
Amakuru dukesha ibinyamakuru byo mu gihugu cy’u Burundi avuga ko icyo gitero cy’inyeshyamba cyahitanye abantu 8, abandi barindwi barakomereka, ibiro bya Cndd-Fdd birasenyuka, imodoka ebyiri na moto ebyiri byangiritse.
Ibinyamakuru byaho bivuga ko abantu bitwaje imbunda bagabye igitero baturutse muri RDC, bari bambaye imyenda y’ingabo z’Uburundi.
Ibi byabereye ku musozi wa Buringa, muri Komini ya Gihanga, Intara ya Bubanza, mu Burengerazuba bw’igihugu.
Bamwe mu bishwe ni abakomoka mu zindi ntara harimo Cibitoke (amajyaruguru ashyira uburengerazuba).
Aba bishwe bari bitabiriye umuhango wo gushyingura uwo bafitanye isano muri ako karere.
Komisiyo yigenga y’uburenganzira bwa muntu yamaganiye kure cyo gitero cy’ubwicanyi cyagabwe nizo nyeshyamba gisa nicyabereye Vugizo mu mezi abiri ashize.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…