MU MAHANGA

Zuchu yakomoje ku biherutse kuvugwa hagati ye na Diamond Platnumz ko batandukanye

Zuchu ukomoka muri Tanzania yavuze ku biherutse gutangazwa ko batandukanye we na Diamond nyamara benshi bari babazi nk’abakunzi.

Advertisements

Uyu muhanzikazi yashimangiye ko we ari nk’umwana n’ibitotsi badashobora gutandukana mu buryo bworoshye.

Ni nyuma y’inkuru zasohotse mu mpera z’icyumweru gishize zivuga ko amashusho ya Diamond afatanye agatoki ku kandi na Zari Hassan babyaranye yarikoze, ko we n’umukunzi we Zuchu batandukanye.

Mu gitaramo baherutse gukorera Zanzibar, Zuchu yaboneyeho kugira icyo avuga kuri ibyo byavuzwe ubwo yari ku rubyiniro.

Zuchu yavuze ko abatekereza ko bazamumutwara bidashoboka kuko we na Diamond Platnumz ari nk’umwana n’ibitotsi atamusiga.

Nyuma y’uko Diamond Platnumz atangaje ko yamaze gutandukana na Zuchu akabona ko ibyabo bombi byafashe indi ntera kubera ibyo yaraherutse gutangaza, uyu muhanzi w’icyamamare yagaragaye muri icyo gitaramo apfukama asaba imbabazi uyu mukobwa.

Zuchu na Diamond Platnumz bongeye kwiyunga ku rubyiniro

Ati “Njyewe ntabwo naje hano gusa kuririmba ahubwo naje no kumushyigikira, Zuhura (Zuchu) naje ku kubwira ko ngukunda cyane.”

Ibi Zuchu nyamara abivuze nyuma y’uko bimenyekanye ko Zari n’uwari umukunzi we Shakib Lutaaya bamaze gutandukana burundu yewe uyu musore akaba yaramaze no gusubira iwabo muri Uganda.

Shakib Lutaaya wari warashakanye na Zari umwaka mushya bombi bari basanzwe batuye muri Afurika y’Epfo.

Zari na Diamond Platnumz basanzwe bafitanye abana babiri umuhungu n’umukobwa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago