RWANDA

Abakinira ku ibendera ry’Igihugu bavuga amagambo adahuye RIB igiye kubahagurikira

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko umuntu ujya kurahirira gusezerana akavuga amagambo atariyo agamije gutebya aba ari gukora ibigize icyaha cyatuma afungwa imyaka ibiri.

Advertisements

Ibi Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B.Thierry yabitangarije kuri Televiziyo y’u Rwanda ubwo yari mu kiganiro ‘Waramutse Rwanda’ aho yemeje ko guterera urwenya ku ibendera ry’igihugu bigize icyaha ndetse bishobora gutuma ubikoze afungwa imyaka ibiri.

Yagize ati “Hamaze iminsi hagaragara abantu bakoresha ibendera ry’igihugu mu buryo butari bwo akenshi ugasanga bashakira ubwamamare mu bikorwa nk’ibyo ngibyo.”

Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry avuga ko abakinira ku ibendera ry’igihugu baba bakoze icyaha

Akomeza agira ati “Hari abajya gusezerana nk’aho atasubiyemo ibyo bamubwira, agatangira kuvuga ibintu bidahuye afashe ku ibendera. Akabanza akihanangiriza umugore we ngo mbere y’uko mvuga ibi ngibi urahirire ko utazajya undebera muri telefoni. Njyewe ndi umuntu uri bugusezeranye uwo munsi nahita mbisubika.”

Murangira ati “Iyo urebye ibendera ry’igihugu iyo habaye umuhango runaka, uko riba ryubashywe ririnzwe, wajya kubona ukabona umuntu ararikoreraho ibintu ashaka….Icyo dushaka kubabwira nuko ibyo ari ibikorwa bigize ibyaha.”

Asobanura ko Ingingo ya 2 ivuga ku gusuzugura ibendera cyangwa ibimenyetso biranga ubwigenge aho umuntu wese ku mugaragaro kandi abigambiriye usuzugura, upfobya, ukuraho, wonona ibendera ry’igihugu ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka ariko kitarengeje imyaka ibiri.

Umuvugizi wa RIB, yavuze ko ababikoraga bitwaje ko batabizi cyangwa abari babigambiriye bakwiriye kubireka kuko bashobora kubihanirwa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago