IMIKINO

Paul Pogba yahagaritswe imyaka ine mu bikorwa by’umupira w’amaguru

Paul Labile Pogba, Umufaransa ukinira Ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, yahagaritswe imyaka ine mu bikorwa by’umupira w’amaguru kubera ikoreshwa ry’imiti imwongerera imbaraga mu mubiri.

Advertisements

Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga yabanje guhagarikwa muri Nzeri nyuma yo gusuzumwa ikizamini cy’ibiyobyabwenge igihe ya barizwaga mu ikipe yo mu Butaliyani. Kuri ubu uyu mukinnyi yaje gufatirwa ibihano ndakuka kubyo guhagarikwa imyaka ine muri ruhago.

Urukiko rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge nirwo rwagombaga gufata icyemezo ku gihano none hemejwe ko ubu Pogba atazongera kugaragara mu kibuga kugeza nibura mu 2028. Ibi bikaba aricyo gihano kirekire uyu mukinnyi ahawe.

Dore ko azajya kurangiza igihano amaze kugira imyaka 35 y’amavuko.

Paul Pogba yahagaritse imyaka ine adakina ruhago

Uwari uhagarariye Pogba muri iki kibazo Rafael Pimenta yavuze ko ntacyo barenzaho ku bihano by’afatiwe uyu mukinnyi uretse gutegereza ko badohora. Gusa ashimangira ko umukinnyi we atigeze yifuza kurenga ku mategeko y’umupira w’amaguru.

Amasezerano ya Pogba wabarizwaga kuri ubu muri Juventus yamugezaga mu mpeshyi ya 2026 none uyu mukinnyi ntazongera gukinira iy’ikipe. Bikaba bibaye ku nshuro ye ya kabiri ahombeye iy’ikipe ibarizwa mu Butaliyani.

Uyu mufaransa watwaye igikombe cy’Igikombe cy’Isi 2018, yagarutse i Turin mu mwaka 2022, nk’umukinnyi utarufite amasezerano nyuma yo kurangwa n’imvune za hato na hato muri Manchester united.

Pogba muri Juventus yabashije gukina gusa imikino ibiri nyuma aza guhagarikwa nyuma yo gukekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.

Uyu mukinnyi w’Umufaransa usa naho umwuga w’umupira we urangiye. Pogba yabashije guhamagarwa mu ikipe y’igihugu inshuro 91, aho yabashije kuyitsindira ibitego 11, mu nshuro ya nyuma aheruka guhamagarwa yabashije no kwegukana igikombe cy’Iis cyabereye mu Burusiya.

Mbere yo gusubira muri Juventus yamaranye imyaka itandatu hamwe na Manchester United. Aya mashitani atukura yamugize umukinnyi uhenze cyane mu mateka y’umupira w’amaguru w’Ubwongereza nyuma yo kumutangaho miliyoni 89 z’ama pound muri 2016.

Yabashije kuyikinira imikino 226, ayitsindira ibitego 39, ariko siwo musaruro yari yitezweho i Old Trafford, bituma bamurekura.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago