POLITIKE

Perezida Tshisekedi yagiye mu Bubiligi yanga kuryumaho asabira u Rwanda ibihano

Mu ruzinduko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Antoine Felix Tshisekedi yagiriye mu gihugu cy’Ububiligi, byamwanze munda mu ijambo rye yongera kuvuga u Rwanda arusabira ibihano.

Advertisements

Nyuma yo kuva i Luanda, kuri uyu wa gatatu mu gitondo, Perezida Tshisekedi yageze i Buruseli, umurwa mukuru w’Ububiligi, mu rugendo rw’akazi. Akimara kuhagera, yabanje kwakirwa na Minisitiri w’intebe Alexander De Croo.

Nyuma yaho mu butumwa batanza kuri X batangaje Umukuru w’igihugu cya Congo yaje guhura na Nyiricyubahiro Philippe, Umwami w’Ububiligi bagirana ibiganiro nabyo byagarutse ku bibazo byugarije U Burasirazuba bwa DR Congo.

Perezida Tshisekedi yatangaje ko ibiganiro hagati y’abo bombi, byibanze ku bufatanye bw’ibihugu byombi, inyungu rusange n’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida Tshisekedi yakiriwe na Minisitiri w’intebe Alexander De Croo

Nyuma yaje kugirana ikiganiro n’Itangazamakuru, Perezida Tshisekedi yongera kumvikana avuga u Rwanda

Yagize ati “Icyo navuga ku Rwanda… ndarusabira ibihano.”

Félix-Antoine Tshisekedi yaganiriye n’abanyamakuru nyuma yo kuganira na Minisitiri w’intebe w’Ububiligi, Alexander De Croo, igihugu kiyoboye akanama k’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi.

Perezida wa DR Congo yongeye kwamagana amasezerano y’ubwumvikane aherutse gusinywa hagati y’u Rwanda n’Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi ku bijyanye n’amabuye y’agaciro:

Ati: “Nishimiye uruhande rw’Ububiligi, na bwo bwibaza ibibazo bijyanye n’aya masezerano. Twibwira ko uyu mwanya ari mwiza cyane; kubera ko niba hari amasezerano, hagomba kumenyekana neza inkomoko y’ayo mabuye y’agaciro.

Twizera tudashidikanya ko aya ari amabuye y’agaciro yibwe muri DRC. Nta kibazo kuri twe ko aya masezerano ashobora kubahirizwa. Buri gihe haba hariho uburyo bwo gukora byinshi. Ububiligi hari icyo bukora.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago