RWANDA

Igorofa ryo ku ‘Nkundamahoro’ ryafashwe n’inkongi y’umuriro

Iduka ry’imyenda riherereye mu igorofa y’Inkundamahoro mu Murenge wa Kimisagara, mu Karere ka Nyarugenge ryibasiwe n’inkongi y’umuriro.

Advertisements

Ahagana mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Werurwe ku isaha ya Saa Yine n’Igice nibwo iy’inkongi yibasiye iri duka bikaba bikekwa ko yatewe n’abasudiraga.

Babashije kuhagoboka baramira bimwe birimo imyenda yahacururizwaga

Abari bari hafi aho bagerageje bakuramo ibishoboka cyane ko yacururizwagamo imyenda itandukanye.

Abaturage bashinja ubuyobozi ko kizimyamoto bahawe zibereyeho umurimbo kuko bazifungiza amagufuri.

Kizimyamoto zaho bazidadiye n’ingufuri

Inzego za Polisi zishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro zakomeje gukora akazi gakomeye. Ntiharamenyeka n’agaciro kibyangijwe n’iyi nkongi.

Ibi bije bikurikira indi nkongi y’umuriro yafashe inyubako ikorerwamo ubucuruzi mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Aba bashije kuduha amakuru bavuze ko iyo nkongi kugira ngo yibasire ayo maduka yacururizwagamo imyenda n’irindwi ry’inkweto ngo byatewe n’insinga z’amashanyarazi yakozanyijeho agakora circuit.

Mu mashusho yagiye hanze kuri iyi nkongi y’i Nyamata, nuko ibyari muri iyi nyubako byahiye birakongoka kuko umuriro wari mwinshi.

Intandaro yabyo ikaba ari uko byabaye mu gicuku ahagana Saa Kumi za mu gitondo, bikaba byari bigoye ko hari icyari kuramirwa dore ko bose bari bakiryame.

Inzego za Polisi zishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro zaje kuhagera zikomeje gukora akazi gakomeye. Kugeza kuri ubu ntiharamenyekana ibyagijwe n’iyi nkongi y’umuriro.

Polisi yabashinje kuza kuzimya

Photo: Thamimu Hakizimana

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago