Charles Mukasi wahoze ari umuyobozi w’ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, yagaragaje ko ibirego leta y’iki gihugu imaze iminsi ishyira ku Rwanda nta kindi kibihatse kitari ugukinga abaturage ibikarito mu maso ngo batabona umwanya wo kwinubira ubuzima bubi babayemo.
Kuva mu mpera z’umwaka ushize u Burundi bwakunze kwikoma u Rwanda, burushinja kuba ari rwo ruha ubufasha umutwe wa RED-Tabara umaze iminsi ugaba ibitero muri icyo gihugu.
Mu busanzwe uyu mutwe ukorera mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa Perezida Evariste Ndayishimiye yakunze kugaragaza icyicaro cyawo gikuru kiri mu Rwanda, ndetse ko ari na rwo ruha abarwanyi bawo imyitozo ya gisirikare ndetse rukanabagaburira.
Mukasi mu kiganiro aheruka guha Radio Inzamba agateka kawe, yavuze ko buri gihe ubutegetsi bw’ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi iyo ibintu bitifashe neza mu gihugu butabura gushaka abo bubyegekaho mu rwego rwo kurangaza abaturage.
Ati: “Iyo ubutegetsi bufite ibibazo, kuyobora igihugu byabunaniye, akenshi bashaka urwitwazo mu rwego rwo kurangaza abenegihugu ngo byitwe ko hari ikintu gikomeye barimo gukora. Bateza imirwano indwano ahandi, bakarema ibintu by’ubushyamirane kugira ngo babone umwanzi. Hashakwa umwanzi hanze kugira ngo abaturage bibwire ko murimo kurwanya umwanzi. Ni yo mpamvu CNDD-FDD irimo kwitwaza u Rwanda”.
Leta y’u Rwanda ihakana ibirego ishinjwa byo guha ubufasha RED-Tabara.
Guverinoma mu itangazo yasohoye mu mpera z’umwaka ushize, yagaragaje ko nta mutwe n’umwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ikorana na wo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…