Charles Mukasi wahoze ari umuyobozi w’ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, yagaragaje ko ibirego leta y’iki gihugu imaze iminsi ishyira ku Rwanda nta kindi kibihatse kitari ugukinga abaturage ibikarito mu maso ngo batabona umwanya wo kwinubira ubuzima bubi babayemo.
Kuva mu mpera z’umwaka ushize u Burundi bwakunze kwikoma u Rwanda, burushinja kuba ari rwo ruha ubufasha umutwe wa RED-Tabara umaze iminsi ugaba ibitero muri icyo gihugu.
Mu busanzwe uyu mutwe ukorera mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa Perezida Evariste Ndayishimiye yakunze kugaragaza icyicaro cyawo gikuru kiri mu Rwanda, ndetse ko ari na rwo ruha abarwanyi bawo imyitozo ya gisirikare ndetse rukanabagaburira.
Mukasi mu kiganiro aheruka guha Radio Inzamba agateka kawe, yavuze ko buri gihe ubutegetsi bw’ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi iyo ibintu bitifashe neza mu gihugu butabura gushaka abo bubyegekaho mu rwego rwo kurangaza abaturage.
Ati: “Iyo ubutegetsi bufite ibibazo, kuyobora igihugu byabunaniye, akenshi bashaka urwitwazo mu rwego rwo kurangaza abenegihugu ngo byitwe ko hari ikintu gikomeye barimo gukora. Bateza imirwano indwano ahandi, bakarema ibintu by’ubushyamirane kugira ngo babone umwanzi. Hashakwa umwanzi hanze kugira ngo abaturage bibwire ko murimo kurwanya umwanzi. Ni yo mpamvu CNDD-FDD irimo kwitwaza u Rwanda”.
Leta y’u Rwanda ihakana ibirego ishinjwa byo guha ubufasha RED-Tabara.
Guverinoma mu itangazo yasohoye mu mpera z’umwaka ushize, yagaragaje ko nta mutwe n’umwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ikorana na wo.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…