POLITIKE

Mukasi avuga ko ubutegetsi bw’Uburundi bukomeje gukinga ibikarito mu maso abaturage kubwo gutwerera ibibazo byabwo ku Rwanda

Charles Mukasi wahoze ari umuyobozi w’ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, yagaragaje ko ibirego leta y’iki gihugu imaze iminsi ishyira ku Rwanda nta kindi kibihatse kitari ugukinga abaturage ibikarito mu maso ngo batabona umwanya wo kwinubira ubuzima bubi babayemo.

Kuva mu mpera z’umwaka ushize u Burundi bwakunze kwikoma u Rwanda, burushinja kuba ari rwo ruha ubufasha umutwe wa RED-Tabara umaze iminsi ugaba ibitero muri icyo gihugu.

Mu busanzwe uyu mutwe ukorera mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa Perezida Evariste Ndayishimiye yakunze kugaragaza icyicaro cyawo gikuru kiri mu Rwanda, ndetse ko ari na rwo ruha abarwanyi bawo imyitozo ya gisirikare ndetse rukanabagaburira.

Mukasi mu kiganiro aheruka guha Radio Inzamba agateka kawe, yavuze ko buri gihe ubutegetsi bw’ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi iyo ibintu bitifashe neza mu gihugu butabura gushaka abo bubyegekaho mu rwego rwo kurangaza abaturage.

Ati: “Iyo ubutegetsi bufite ibibazo, kuyobora igihugu byabunaniye, akenshi bashaka urwitwazo mu rwego rwo kurangaza abenegihugu ngo byitwe ko hari ikintu gikomeye barimo gukora. Bateza imirwano indwano ahandi, bakarema ibintu by’ubushyamirane kugira ngo babone umwanzi. Hashakwa umwanzi hanze kugira ngo abaturage bibwire ko murimo kurwanya umwanzi. Ni yo mpamvu CNDD-FDD irimo kwitwaza u Rwanda”.

Leta y’u Rwanda ihakana ibirego ishinjwa byo guha ubufasha RED-Tabara.

Guverinoma mu itangazo yasohoye mu mpera z’umwaka ushize, yagaragaje ko nta mutwe n’umwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ikorana na wo.

Charles Mukasi yayoboye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Uburundi

Emmy

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

11 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago