Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania yatangaje ko abantu 816 bamaze gusangwamo indarwa ya Kolera mu bice 10 by’igihugu.
Ni ibikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 1 Werurwe 2024.
Iryo tangazo rivuga ko kuva ku ya 5 Mutarama kugeza ku ya 8 Gashyantare, Abantu 26 bishwe n’indwara ya Kolera.
Ibice byibasiwe kurusha ibindi ni Dodoma, Kagera, Katavi, Manyara, Mara, Morogoro, Mwanza, Shinyanga, Simiyu na Tabora.
Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko iyi ndwara yanduye yatewe n’imvura nyinshi ikomeje gutuma amazi meza adashobora kuboneka.
Abaturage ngo bagowe no kubona amazi meza yo kunywa no gusukira ibikoresho.
Iyi Minisiteri ivuga ko abashinzwe ubuzima n’inzego z’ibanze bashyize hamwe mu bikorwa byo kwimakaza isuku n’igenzura ndetse no gukorana n’abaturage mu gutanga amakuru y’ahari uburwayi.
Mu mwaka ushize wa 2023, Tanzania yibasiwe na kolera dore ko uturere 12 twibasiwe hakandura abantu 927, 27 ikabahitana.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…