Abakinnyi b’ikipe ya Kiyovu Sports bageze ku kibuga cy’imyitozo banga gukora imyitozo bahita bitahira kubera inzara ibamereye nabi.
Kuva muri Nzeri, aba bakinnyi ngo ntibazi uko umushahara umeze, kandi basabwa gukora imyitozo.
Amakuru avuga ko abakinnyi ba Kiyovu Sports baheruka gufata agashahara mu mwaka ushize wa 2023 muri Kanama.
Iyi kipe itorohewe ikomeje gusaba abafana bayo kuyitera inkunga mu buryo bwose bushoboka kugira ngo babone amikora abafasha kwikiranura n’abakinnyi bafitiye amafaranga.
Ibi bibazo byavutse ubwo uwari Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal akuwe ku mwanya we maze ikipe isigara mu biganza bya Ndorimana Jean François Regis nka General, gusa na we yamaze kuyisiga.
Kuri ubu hari andi makuru avuga ko nyuma y’uko Juvenal asubije ikipe imodoka na we ashobora kuyigarukamo akayisubiza ku murongo.
Kiyovu Sports kandi iherutse gufatirwa mu bihano byo kutagura abakinnyi kubera abayitsinze muri FIFA igomba kwishyura.
Ikipe ya Kiyovu Sports ihagaze ku mwanya wa karindwi muri shampiyona y’u Rwanda, ikaba iherutse kwihagararaho itsinda Police Fc ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…