IMIKINO

Inzara yatumye Abakinnyi ba Kiyovu Sports badakora imyitozo

Abakinnyi b’ikipe ya Kiyovu Sports bageze ku kibuga cy’imyitozo banga gukora imyitozo bahita bitahira kubera inzara ibamereye nabi.

Kuva muri Nzeri, aba bakinnyi ngo ntibazi uko umushahara umeze, kandi basabwa gukora imyitozo.

Amakuru avuga ko abakinnyi ba Kiyovu Sports baheruka gufata agashahara mu mwaka ushize wa 2023 muri Kanama.

Iyi kipe itorohewe ikomeje gusaba abafana bayo kuyitera inkunga mu buryo bwose bushoboka kugira ngo babone amikora abafasha kwikiranura n’abakinnyi bafitiye amafaranga.

Kiyovu Sports irasaba abafana bayo kuyitabara

Ibi bibazo byavutse ubwo uwari Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal akuwe ku mwanya we maze ikipe isigara mu biganza bya Ndorimana Jean François Regis nka General, gusa na we yamaze kuyisiga.

Kuri ubu hari andi makuru avuga ko nyuma y’uko Juvenal asubije ikipe imodoka na we ashobora kuyigarukamo akayisubiza ku murongo.

Kiyovu Sports kandi iherutse gufatirwa mu bihano byo kutagura abakinnyi kubera abayitsinze muri FIFA igomba kwishyura.

Ikipe ya Kiyovu Sports ihagaze ku mwanya wa karindwi muri shampiyona y’u Rwanda, ikaba iherutse kwihagararaho itsinda Police Fc ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago