MU MAHANGA

M23 yerekanye intwaro zatawe ku rugamba n’ingabo za FARDC nyuma yo kuzikubita inshuro

Nyuma y’urugamba rutoroshye rwabaye kuri uyu wa Mbere, i Masisi, umutwe wa M23 werekanye ibikoresho yafatiriye ingabo za RD Congo (FARDC) kuri urwo rugamba birimo n’imbunda n’ibikoresho by’itumanaho.

Ni imirwano yabereye mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Masisi (Mabenga, Mweso no mu nkengero zaho) uhereye mu gitondo cya kare.

M23 ishinja ihuriro rigizwe na FARDC, FDLR, Abazalendo, Abacancuro, Ingabo z’u Burundi n’iza SADC gutera ibirindiro byayo.

Uyu mutwe biciye mu bavugizi bawo (Lawrence Kanyuka wa Politiki na Lt Col Willy Ngoma wa gisirikare), wemeje ko imirwano yo ku wa Mbere yasize ukubise ahababaza ihuriro ry’Ingabo za Leta y’i Kinshasa.

Kanyuka yifashishije urubuga rwe rwa X, yaraye atangaje ko FARDC, FDLR, Wazalendo, abacancuro, Ingabo z’u Burundi na SADC “bakubitiwe i Katsiro no mu nkengero zaho. Bataye ku rugamba intwaro n’amasasu ndetse n’ibikoresho by’itumanaho”.

Amafoto abavugizi ba M23 bashyize hanze yerekana imbunda ziganjemo izo mu bwoko bwa AK-47 uyu mutwe yamburiye FARDC n’abambari bayo ku rugamba.

M23 kandi yemeje ko ku wa Mbere yakubitiye umwanzi mu mirwano yabereye i Mabenga.

Amakuru kandi avuga ko uyu mutwe wigaruriye agace ka Nyanzale (iwabo wa Gen Sultani Makenga), nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abarwanyi bawo n’ingabo za leta.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago