MU MAHANGA

M23 yerekanye intwaro zatawe ku rugamba n’ingabo za FARDC nyuma yo kuzikubita inshuro

Nyuma y’urugamba rutoroshye rwabaye kuri uyu wa Mbere, i Masisi, umutwe wa M23 werekanye ibikoresho yafatiriye ingabo za RD Congo (FARDC) kuri urwo rugamba birimo n’imbunda n’ibikoresho by’itumanaho.

Ni imirwano yabereye mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Masisi (Mabenga, Mweso no mu nkengero zaho) uhereye mu gitondo cya kare.

M23 ishinja ihuriro rigizwe na FARDC, FDLR, Abazalendo, Abacancuro, Ingabo z’u Burundi n’iza SADC gutera ibirindiro byayo.

Uyu mutwe biciye mu bavugizi bawo (Lawrence Kanyuka wa Politiki na Lt Col Willy Ngoma wa gisirikare), wemeje ko imirwano yo ku wa Mbere yasize ukubise ahababaza ihuriro ry’Ingabo za Leta y’i Kinshasa.

Kanyuka yifashishije urubuga rwe rwa X, yaraye atangaje ko FARDC, FDLR, Wazalendo, abacancuro, Ingabo z’u Burundi na SADC “bakubitiwe i Katsiro no mu nkengero zaho. Bataye ku rugamba intwaro n’amasasu ndetse n’ibikoresho by’itumanaho”.

Amafoto abavugizi ba M23 bashyize hanze yerekana imbunda ziganjemo izo mu bwoko bwa AK-47 uyu mutwe yamburiye FARDC n’abambari bayo ku rugamba.

M23 kandi yemeje ko ku wa Mbere yakubitiye umwanzi mu mirwano yabereye i Mabenga.

Amakuru kandi avuga ko uyu mutwe wigaruriye agace ka Nyanzale (iwabo wa Gen Sultani Makenga), nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abarwanyi bawo n’ingabo za leta.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago