MU MAHANGA

Kohereza abimukira ba Bongereza mu Rwanda byongeye kuzamo kidobya

Kuri uyu wa Mbere tariki 4 Werurwe 2024, abagize icyiciro gikuru mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza wagereranya na Sena, batoye amavugurura abangamira gahunda ya Guverinoma yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Ikinyamakuru The Guardian cyatangaje ko aya mavugurura yatowe n’abarenga 100 biganjemo abo mu ishyaka ry’Abakozi ritavuga rumwe na Guverinoma.

Mu Ukuboza 2023, guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda zashyize umukono kuri iyi gahunda yari yavuguruwe, nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rwari rwafashe umwanzuro w’uko kohereza abimukira mu Rwanda bibangamira uburenganzira bwabo, rusobanura ko bashobora kuhagera, bakahava bajyanwa ahandi.

Ibyo kohereza abimukira ba Bongereza mu Rwanda bikomeje kugorana

Uyu mushinga uvuguruye wateganyaga ko nta rukiko ruzongera gukumira ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano, ahubwo ko abagize Inteko Ishinga Amategeko ari bo bazawugiraho ijambo rya nyuma.

Abagize Inteko mu byo bagaragaje, basabye ko iyo gahunda yakubahiriza amategeko, berekana ko Inteko Ishinga Amategeko atari yo ikwiriye kwemeza ko u Rwanda rutekanye ko ahubwo bikwiriye guca mu nkiko aricyo Guverinoma yangaga.

Bavuze ko kandi nubwo mu masezerano avuguruye havuzwemo ingamba zigamije gutuma abimukira uburenganzira bwabo bwubahiriza, ngo ntabwo izo ngamba zuzuye kandi ngo zigomba kubanza gufatwa mbere.

Abagize Inteko bazakomeza kujya impaka kuri iyi gahunda kugeza kuri uyu wa 6 Werurwe 2024.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago