IMYIDAGADURO

Ibyabo biteye urujijo! Zari yongeye kugaragara aryohanye na Shakib mu Barabu

Umuherwekazi Zari The Boss Lady n’umugabo we Shakib Cham, bongeye kugaragara bari kumwe mu Barabu nyuma y’amakuru amazeho iminsi avuga ko batandukanye bitewe n’umubano w’uyu mugore na Diamond Platnumz babyaranye abana babiri.

Advertisements

Mu mashusho aba bombi bashyize ku rukuta rwabo rwa Instagram, bagaragaye bishimanye ndetse bahuje n’urugwiro nyuma y’uko bivuzwe ko Shakib yahukanye. Muri ayo mashusho bagenda bafatanye akaboko ndetse bakajya bananyuzamo bagasomana.

Aya mashusho yafatiwe muri Arabia Saudite aho bari basohokaniye bagiye muri gahunda zabo zigiye zitandukanye aho bivugwa ko Zari yagiye muri gahunda ze zijyanye n’abafatanya bikorwa be asanzwe yamamariza.

Mu minsi yashize nibwo havuzwe amakuru y’uko Shakib yahukanye nyuma yo kubona amashusho ya Zari ari kumwe na Diamond babyaranye abana babiri.

Bivugwa ko nyuma y’ayo mashusho ko Shakib yahise azinga utwe akisubirira muri Uganda gusa Zari yarabihakanye ndetse anasobanura ko amashusho yagaragayemo ari kumwe na Diamondi yari agamije kwamamaza indirimbo y’uwahoze ari umugabo we.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago