MU MAHANGA

Nyuma y’amezi atandatu, Rick Ross na Cristina Mackey batandukanye

Umuraperi w’umunyamerika, Rick Ross n’umukunzi we Cristina Mackey bahisemo guhagarika ibyerekeye umubano wabo nyuma y’amezi atandatu gusa.

Ibyerekeye imibanire y’aba bombi byo gutandukana byari bimaze igihe bivugwa Murandasi, nyuma y’uko Rick Ross aherutse kugaragara wenyine atarikumwe na Mackey iruhande rwe.

Vubaha byaje gushimangirwa, nyuma y’uko Rick Ross aherutse kujya kureba umukino wa basketball aho Miami Heat yakinaga arikumwe n’undi mugore, aho byaje gucumbya umwotsi kubyavugwaga.

Mackey ubwe yaje kwemeza itandukana rye n’uyu muraperi w’imyaka 48.

Yagiye ku rubuga rwa Threads, aho yanditse agira ati “Sinigeze ngira ubunararibonye bwo gutandukana, ntabwo ndi inyangamugayo, ntabwo nkeneye imikino, sinkeneye gukinishwa umubiri wanjye, ibikorwa byanjye birakomeje kandi ndanyuzwe.”

Cristina niwe wemeje ko yatandukanye na Rick Ross

“Ibintu byari byiza, kandi nizera ko aho byari bigeze mugihe kingana n’amezi atandatu byari bishimishije. Niba abandi bababajwe n’ibyishimo byanjye / ishema muri iki gihe, iyo ni yo mihangayiko yabo yo kwihanganira. Twagize itandukana riciye mu mucyo hashize ibyumweru bibiri, kandi sinigeze n’iyumva nk’uwa nyuma. Nakiriye kwakira ibyiza n’ibibi hamwe n’urukundo. Kandi rwose, ntabwo nzigera ngaragara kuri podcast y’umuntu. ”

Rick Ross na Cristina Mackey bagaragaye bwa mbere mu Kuboza nyuma y’uko bombi babigaragaje ko bari mu rukundo.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago